Amakuru avuga ko humvikanye nibura ibisasu icumi biturika muri icyo gitero cya kabiri cyakozwe hifashishijwe misile n’indege zitagira abapilote (drones) kuri Kyiv no mu nkengero zayo, mu gihe kitarenze icyumweru.
Amakuru avuga ko humvikanye nibura ibisasu icumi biturika muri icyo gitero cya kabiri cyakozwe hifashishijwe misile n’indege zitagira abapilote (drones) kuri Kyiv no mu nkengero zayo, mu gihe kitarenze icyumweru.
Umuyobozi w’umujyi wa Kyiv, Vitali Klitschko, yavuze ko hari abantu bari bagifungiye mu magorofa yo hejuru y’inyubako y’amacumbi yarashwe muri icyo gitero.
U Burusiya na Ukraine byombi byakajije umurego mu kugabana ibitero bikoresheje intwaro zirasa kure.
Mu karere ka Crimea, kagenzurwa n’u Burusiya, umuriro w’amashanyarazi wacitse mu mujyi wa Sevastopol nyuma y’igitero cya Ukraine ku rugomero rutanga amashanyarazi ruri hafi y’uwo mujyi.
Hagati aho, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko amakuru mashya y’ubutasi agaragaza ko u Burusiya buri gutegura igitero gikomeye ku wa 7 w’uku kwezi.
Yagize ati: "Ibi ni ibisanzwe kuri Putin... U Burusiya burashaka guteza andi mahano no kwica abantu benshi kurushaho. Ndabasaba gukomeza kuba maso no kumvira impuruza ziburira ibitero byo mu kirere."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *