skol
fortebet

Uburusiya bwashyizeho itsinda ry’igisirikare rishinzwe gukoresha ’drones’

Yanditswe: Friday 13, Jun 2025

featured-image

Sponsored Ad

Ingabo z’u Burusiya zashyizeho itsinda ry’Igisirikare ryihariye, rishinzwe gukoresha ’drones’ no gukurikirana ikoranabuhanga ryayo, mu rwego rwo kongera ubushobozi muri iki cyiciro gisigaye gifashe runini mu ntambara zigezweho.

Sponsored Ad

U Burusiya bwagizweho ingaruka n’ibitero karundura bya Ukraine byifashishaga drones, gusa nabwo bwateye intambwe ifatika mu guteza imbere icyo cyiciro cy’imirwanire mu ntambara zigezweho.

Icyakora iyi ntambwe yatewe igiye kurushaho gushyirwamo imbaraga binyuze mu gushyiraho itsinda ryihariye mu gisirikare cy’u Burusiya, rishinzwe gusa gukoresha drones ndetse n’ikoranabuhanga rijyana nayo, riri kurushaho gutera imbere umunsi ku wundi.

Perezida Vladimir Putin yavuze ko drones zagize uruhare rungana na 50% mu bijyanye no gusenya ibikoresho bya Ukraine birimo imodoka z’intambara n’ibindi.

U Burusiya bwashyizeho itsinda ry’igisirikare rishinzwe gukoresha ’drones’

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa