U Burusiya ntibukozwa ibya Misile zishobora guhabwa Ukraine
Yanditswe: Wednesday 01, Oct 2025
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yatangaje ko Ukraine idakwiye kwizerwa ngo ihabwe misile za Tomahawk zikorwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
yabivuze ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 30 Nzeri 2025, cyabereye mu nama ya Valdai Discussion Club mu Burusiya, avuga ko Washington itarafata umwanzuro wo guha Kiev izi ntwaro zirasa kure, kuko Amerika isanzwe iziha ibihugu bike, kubera amakenga yuko ibindi byazikoresha nabi.
Lavrov yagize ati “Niba Abanyamerika bibwira ko Ukraine ari igihugu gikwiye kwizerwa mu gukoresha misile za Tomahawk neza, byaba bintangaje”. Yongeyeho ko ibyo Amerika ivuga mu ruhame ari uburyo bwo guhumuriza abafatanyabikorwa bayo b’Abanyaburayi bashyigikiye Kiev, bityo bibwire ko Washington ibatega amatwi.
Abayobozi b’u Burusiya bamaze igihe barega ingabo za Ukraine gukoresha nabi intwaro ihabwa n’ibihugu byo mu Burengerazuba, harimo kugaba ibitero ku baturage no guha intwaro imitwe ya gisirikare bivugwa ko ikorana n’ubutasi bwa bwa Ukraine, u Burusiya bufata nk’imitwe y’iterabwoba.
Visi perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.D. Vance, n’intumwa yihariye ya Perezida Donald Trump Keith Kellogg, baherutse gutangaza ko Washington ishobora koherereza Ukraine izi misile za Tomahawk.
Ukraine imaze igihe isaba izi ntwaro, kuva ku butegetsi bwa Perezida Joe Biden, ariko ubuyobozi bwe bwarabihakanye, buvuga ko bishobora guteza umwuka mubi hagati ya Amerika n’u Burusiya.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *