skol
fortebet

U Burusiya yashinje Ukraine kwica umunyamakuru ku bushake

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Sunday 05, Jan 2025

U Burusiya yashinje Ukraine kwica umunyamakuru ku bushake

Sponsored Ad

skol

Leta y’u Burusiya yashinje Ukraine kwica umunyamakuru w’ikinyamakuru Izvestia gikorera mu Burusiya, aho giherutse gutangaza ko umunyamakuru wabo yiciwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote ‘drones’.

Umunyamakuru w’Umurusiya, witwa Alexander Martemyano, yiciwe muri Ukraine nyuma y’aho imodoka yari arimo yagabweho igitero n’indege itagira umupilote mu mujyi wa Donetsk.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Burusiya, Maria Zakharova, yise iki gitero ubwicanyi nkana, akavuga ko Ukraine yari ibizi ko uwo munyamakuru ari umusivile kuko yanagendaga mu modoka za gisivile.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wahagaritse ibigo by’itangazamakuru byo mu Burusiya birimo Izvestia na RIA, ubashinja gukwirakwiza icengezamatwara ku ntambara u Burusiya bwateyemo Ukraine.

Abanyamakuru barenga 15 bamaze kwicwa kuva intambara ya Ukraine n’u Burusiya yatangira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa