U Rwanda rwakiriye abarwanyi 15 ba FDLR n’abo mu miryango yabo
Yanditswe: Wednesday 28, Jan 2026
Leta y’u Rwanda yakiriye abarwanyi 15 b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR na 19 bo mu miryango yabo, baturutse mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Aba barwanyi babanje gucumbikirwa by’agateganyo n’ishami ry’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC (MONUSCO) rishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi.
Bambutse umupaka w’u Rwanda mu Karere ka Rubavu ku wa 27 Mutarama 2026. Ku barwanyi, by’umwihariko, biteganyijwe ko bajyanwa mu kigo cya Komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi (RDRC) giherereye i Mutobo mu Karere ka Musanze.
Tariki ya 20 Mutarama, u Rwanda rwakiriye abarwanyi 13 ba FDLR bari kumwe na batandatu bo mu miryango yabo, nyuma y’iminsi itatu rwakira abandi Banyarwanda 14 barimo abarwanyi umunani b’ishami ry’abarwanyi badasanzwe b’uyu mutwe rizwi nka CRAP.
MONUSCO igaragaza ko kuva ihuriro AFC/M23 ryafata Umujyi wa Goma muri Mutarama 2025, abarwanyi ba FDLR bataha biyongereye kuko kugeza ubu hamaze gutaha hafi 300.
Abarwanyi ba FDLR bari gutaha mu matsinda mato mato mu gihe u Rwanda rutegereje ko ingabo za RDC zitangira ibikorwa byo gusenya uyu mutwe w’iterabwoba nk’uko amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington D.C tariki ya 27 Kamena 2025 abiteganya.
Kugeza muri Kamena 2025, FDLR yari ifite abarwanyi babarirwa hagati ya 7000 na 10.000. Abenshi barimo n’abayobozi babo bakuru baherereye muri Teritwari ya Walikale na Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *