skol
fortebet

U Rwanda rwashoye imishinga 19 ku isoko rya karuboni

Yanditswe: Wednesday 04, Jun 2025

featured-image

Sponsored Ad

Leta y’u Rwanda yagaragaje ko ifite imishinga 19 yashoye ku isoko rya karuboni, muri gahunda yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere bikangiza n’ibidukikije.

Sponsored Ad

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA) Munyazikwiye Faustin, yabigarutseho ku wa Kabiri tariki ya 3 Kamena 2025, mu kiganiro yahaye Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari.

Ni ikiganiro cyibanze kuri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda yo korohereza abaturage kubona ibicanwa bitangiza ibidukikije.

Isoko rya karubone ni isoko ry’Isi yose ryubakiye ku masezerano mpuzamahanga y’imihindagurikire y’ibihe, aho ibihugu bikize byiyemeje kugabanya imyuka yangiza ikirere, ariko kubera ko bitabasha kugera ku kigereranyo bisabwa kugabanya byahisemo ko ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’u Rwanda rurimo bigishobora guhangana n’iyo myuka bigira imishinga bikora noneho ibyo bihugu bikize bikayigura.

Munyazikwiye yagize ati: “Uko tubikora, ku bicanwa iyo ukoresha amashyiga atatu, wabara imyotsi yose yasohotse ukoresheje izo nkwi ku mashyiga atatu, niba isohora umwaka wa karuboni jigatoni 100 ni urugero.

Niba ukoze imbabura ibasha kugabanya imyotsi iva mu bicanwa, ni ukuvuga ngo ya mbabura, irasohora imyotsi ingana na jigatoni 10. Ubwo izo 90 watumye zitajya mu kirere kandi zagomba kujyayo. Izo rero ni zo ushobora kuba wagurisha.”

Yavuze ko kompanyi zikomeye n’ibindi bihugu biteye imbere ari byo byiyemeje kugura iyo ngano y’imyuka iba yabujije kujya mu kirere ngo icyanduze.

Ati: “Igiciro cyo kirahindagurika, hari aho bikorwa ku bwumvikane bw’umucuruzi n’umuguzi, hakaba n’ibindi bukorwa bishingiye ku masezerano mpuzamahanga ku mihindagurikire y’ibihe, aho hava ayo mafaranga.”

REMA yagaragaje ko kugeza ubu u Rwanda rufite imishinga 19 ku isoko rya karuboni.

Munyazikwiye ati: “Hari imishinga 12 iri mu rwego rwo gutunganya no guteza imbere imbabura n’ibindi bikoresho byo guteka bidahumanya ikirere harimo kandi imishinga 3 ijyanye n’ubusitani n’amashyamba, ndetse n’imishinga 4 iri mu rwego rwo gusukura amazi.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa