Abantu 10,650 bapfuye mu buryo budasanzwe mu bihugu by’u Burayi mu cyumweru kimwe cyo mu mpera za Kamena 2026, inzego z’ubuzima muri ibyo bihugu zivuga ko imfu zabo zahuzwa n’ubushyuhe bukabije bwibasiye ibyo bihugu.
Imibare yashyizwe ahagaragara na EuroMOMO, urubuga rukurikirana imfu mu bihugu by’u Burayi hashingiwe ku makuru atangazwa n’Ikigo cy’u Burayi gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (ECDC), igaragaza ko hagati ya tariki ya 22 na 28 Kamena 2026 habonetse imfu 10,650 zirenze umubare wari usanzwe ubaho
Muri abo bapfuye, abarenga 9,000 bari bafite imyaka 65 kuzamura, bikerekana ko abantu bageze mu zabukuru ari bo bagizweho ingaruka zikomeye n’ubwo bushyuhe.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *