skol

Uganda: Abagore bafunzwe bazira gusomanira mu ruhame

Yanditswe: Tuesday 24, Feb 2026

featured-image

Polisi yo mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Uganda yatangaje ko yafashe abagore babiri bari mu kigero cy’imyaka 20, nyuma y’uko abaturanyi babo babareze bavuga ko bababonye basomana mu ruhame.

Aba bombi bafunzwe kuva ku wa 18 Gashyantare, kandi bivugwa ko badafite ubunganizi mu mategeko, hashingiwe ku itegeko rya 2023 rikumira ubutinganyi rizwi nka Anti-Homosexuality Act, riteganya ibihano bikomeye birimo gufungwa burundu ndetse no guhanishwa igihano cy’urupfu mu byiswe “aggravated homosexuality”.

Polisi yatangaje ko abaturanyi bashinje abo bagore “gukora ubutinganyi” ndetse bakaba barafashe amafoto bavuga ko ari ibimenyetso. Banavuze ko hari abandi bagore babonwaga basura urugo rwabo.

Icyakora, nyuma yo gusaka aho batuye, nta bimenyetso bifatika byabonetse, ariko iperereza riracyakomeje nk’uko ubuyobozi bubivuga.

Abaharanira uburenganzira bwa muntu banenze iri fatwa, bavuga ko iri tegeko ririmo gutuma habaho kubangamirana, gusahura no gutera ubwoba mu muryango w’abaryamana bahuje ibitsina (LGBTQ+).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa