Komisiyo ishinzwe Amatora yo muri Uganda yatangaje ko imyanya 353 yo mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu igiye guhatanirwa na abakandida 2025.
Ibi ni byatangajwe n’Umuvugizi wungirije wa Komisiyo y’Amatora, Paul Bukenya, yavuze ko hari abakandida 83.597 bahataniye imyanya 45.505 mu gihugu hose.
Ati “Muri rusange dufite abakandida 83.597 bahataniye imyanya 45.505 mu nzego zose uherereye ku mwanya w’umukuru w’igihugu kugeza mu nzego z’ibanze.”
Yakomeje avuga ko ku myanya y’ubuyobozi bw’akarere ihataniwe na 523, bahataniye imyanya 146, mu gihe imyanya y’ubuyobozi bw’abagore mu karere ihataniwe n’abagera kuri 610.
Ni mu gihe hategerejwe amatora abanzirizwa n’ibikorwa byo kwiyamamaza byamaze gutangira, itora nyirizina rikazaba muri Mutarama 2026.
Mu mpera za Nzeri 2025, ni bwo muri Uganda hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza mu matora ya Perezida, abarwanashyaka b’ishyaka NUP rya Bobi Wine n’abandi barishyigikiye bakunze gusakirana n’inzego z’umutekano, bamwe bagatabwa muri yombi.
Bukenya yasabye abaturage n’inzego zose bireba kuzakora amatora n’ibikorwa byo kwiyamamaza mu mahoro.
Amatora ya Perezida muri Uganda azaba ku itariki 15 Mutarama 2025.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *