skol

Uganda: Umudepite yajyanywe mu nkiko ashinjwa impamyabumenyi y’impimbano

Yanditswe: Thursday 12, Mar 2026

featured-image

Loydah Muhimbura uherutse gutorerwa guhagararira abagore mu gace ka Mbarara mu Nteko Ishinga Amategeko muri Uganda, yajyanywe mu nkiko na mugenzi we yatsinze, umushinja ko impamyabumenyi afite ari impimbano.

Margaret Ayebare Rwebyambu watsinzwe na Muhimbura mu matora y’Abadepite, yitabaje Urukiko Rukuru rwa Mbarara ngo rumurenganure, kuko yatsinzwe n’umuntu ufite impamyabumenyi y’impimbano.

Ayebare yavuze ko impamyabumenyi Muhimbura afite mu bijyanye n’ubuforomo ari na yo yagendeyeho yiyamamaza ari impimbano.

Uyu mugore ashimangira ko azi neza ko uyu mugenzi we yatsinzwe ikizamini gisoza amashuri yisumbuye muri Uganda, bityo akaba atumva neza aho yakuye iyi mpamyabumenyi.

Yavuze ko Muhimbura yabonye F9 (amanota ya nyuma) mu bijyanye n’Ibinyabuzima ubwo yasozaga amashuri yisumbuye, kandi iri somo riri mu y’ingenzi yashoboraga kumwemerera kwiga amasomo y’ubuforomo muri kaminuza.

Kugeza ubu ntacyo Muhimbura aratangaza ku kirego cyatanzwe na mugenzi we. Mu gihe yatsindwa ashobora gutakaza uyu mwanya we mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa