Uganda: Umushinga w’itegeko rishobora gusubiza Dr Besigye mu nkiko za gisirikare wageze mu nteko
Yanditswe: Tuesday 13, May 2025
Guverinoma ya Uganda yagejeje mu Nteko Ishinga Amategeko Umushinga w’Itegeko ryemerera inkiko za gisirikare kuburanisha abasivile mu gihe bafatanwe intwaro cyangwa ibindi bigenewe gusa inzego z’umutekano.
Uyu mushinga w’itegeko wagejejwe mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa 13 Gicurasi 2025. Ni nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga muri Uganda rwari rumaze amezi make rutegetse ko urubanza rwa Dr Kiiza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi rusubizwa mu nkiko za gisivile kuko binyuranyije n’Itegeko Nshinga.
Uyu mushinga w’itegeko uteganya ko umusivile ashobora kuburanishwa n’inkiko za gisirikare igihe “atunze intwaro binyuranye n’amategeko, cyangwa ibindi bikoresho bigenewe gusa inzego z’umutekano.”
Besigye yafatiwe muri Kenya mu Ugushyingo 2024, ajyanwa muri Uganda, ahita atangira kuburanishwa mu nkiko za gisirikare ku byaha birimo no gutunga imbunda mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Divid Lewis Lubongoya, wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutetsi rya National Unity Platform yavuze ko iri tegeko rizifashishwa mu guhangana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Yoweri Museveni n’abandi benshi bakomeje kubwigomekaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *