Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze
Yanditswe: Thursday 23, Apr 2026
Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, wafashwe nyuma yuko hagiye hanze amashusho ya camera z’umutekano, yarekuwe ndetse ubu ari kumwe n’umuryango we nk’uko bamwe mu bawugize babihamije.
Amakuru y’irekurwa ry’uyu musore witwa Dufitimana Lamecky, ryemejwe n’abo mu muryango we, babimeyesheje umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu.
Uyu munyamakuru yatangaje ko “Lamecky wari mu bakekwaho kwiba mudasobwa i Buyoga yarekuwe.” Ndetse umwe muri bakuru be [abavandimwe ba Dufitimana Lamecky] akaba yamubwiye ko “Umwana wacu byarangiye atashye. Turishimye nk’umuryango we, ibyishimo ni byose nyuma yoguhangayika.”
Dufitimana Lamecky yari yatawe muri yombi tariki 14 Mata 2026 afatiwe mu Murenge wa Kabaya, mu Karere ka Ngororero, mu gihe mudasobwa zari zibwe ari iz’Ikigo cy’Ubuzima cyo mu Karere ka Rulindo.
Amakuru avuga ko uyu ukekwaho gukora ubu bujura yari asanzwe akorera muri Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agacio izwi nka Kabaya Mining Ltd.
Uyu musore yari yafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho yafashwe na camera z’umutekano zerekana umuntu wari winjiye mu cyumba cyarimo ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga, akabicomora bucece, ubundi akabyiba.
Ubu bujura bwabereye kuri Centre de Santé ya Buyoga yo mu Karere ka Rulindo mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 10 rishyira ku wa Gatandatu tariki 11 Mata 2026.
Yari yafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho
Yari yafatiwe mu Karere ka Ngororero
Yamaze kugera mu muryango nyuma yo kurekurwa

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *