Abayobozi ba Ukraine batangaje ko igitero cya misile Uburusiya bwagabye ku bwato bwari butwaye ibigori hafi y’icyambu cya Odesa, mu majyepfo ya Ukraine, cyahitanye abantu 10, nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters bibitangaza.
Ni cyo gitero kimaze iminsi gihanze benshi mu bahitanywe n’ibitero mu byumweru bishize, mu gihe imirwano yongeye gukaza umurego mu Nyanja Yirabura.
Igisirikare cya Ukraine gishinzwe ibikorwa byo mu mazi cyatangaje kuri Telegram ko Uburusiya bwibasiye ku Cyumweru ubwato bwitwa Golden Leo, bukoresheje misile eshatu zihuta, bituma bufatwa n’umuriro.
Iki gisirikare cyavuze ko ubwo bwato bwari bufite ibendera rya Guinée-Bissau, kandi ko abari baburimo bari abakozi baturuka mu Buhinde no muri Siriya.
Umwe mu banyamakuru ba Reuters wari hafi y’agace ka Odesa yavuze ko yabonye umwotsi mwinshi uzamuka uva ku bwato bwari hafi y’inkombe z’inyanja ku Cyumweru. Reuters kandi yemeje ko ubwo bwato ari Golden Leo.
Ikigo gishinzwe ibyambu bya Ukraine cyatangaje ko ibikorwa byo gushakisha no gutabara abari bari muri ubwo bwato byamaze ijoro ryose. Abakozi icyenda bo mu bwato ndetse n’umuyobozi umwe ushinzwe kuyobora ubwato bwinjira n’ubusohoka ku cyambu barapfuye. Abandi bantu umunani, muri 17 bari bari muri ubwo bwato, bararokotse.
Amakuru atangwa n’ikigo LSEG, gikurikirana ibikorwa by’ubwato bw’ubucuruzi, avuga ko Golden Leo yari iy’ikigo Ocean Grace Shipping Ltd, gifite icyicaro i Mumbai mu Buhinde.
Reuters yandikiye abayobozi b’icyo kigo ibinyujije kuri imeri ibasaba kugira icyo batangaza kuri iyo nkuru, ariko kugeza igihe iyi nkuru yatangazwaga, nta gisubizo bari baratanga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *