Umubare w’Abanyamerika basaba ubuhungiro muri Canada ukomeje gutumbagira
Yanditswe: Wednesday 27, Aug 2025
Abanyamerika basaba ubuhungiro muri Canada ukomeje kwiyongera cyane, benshi bakagaragaza ko babiterwa n’ingamba zikarishye za Donald Trump, zishyira umutekano wabo mu kaga.
Abo baturage basabye ubuhungiro muri Canada batangiye kwiyongera cyane kuva Donald Trump yasubira ku butegetsi, aho mu mezi atandatu ya mbere ya 2025 hasabwe ubuhungiro bwinshi kurusha umwaka wose wa 2024.
Imibare y’Urwego rwa Canada rushinzwe Impunzi, igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, Abanyamerika 245 basabye ubuhungiro muri Canada.
Ni umubare uruta cyane uw’abasabye ubukungiro mu mwaka wa 2024 wose kuko banganaga na 204.
Canada ntikunze kwakira ubusabe bw’Abanyamerika basaba ubuhungiro, kuko ubusabe bwabo bugomba kubanza kwemeza ko nta hantu na hamwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hashobora kubaha umutekano, kugira ngo bemererwe ubuhungiro.
Gusa amakuru ntagaragaza impamvu nyamukuru ituma Abanyamerika bakomeza gushaka ubuhungiro muri Canada igihugu Perezida Trump yigeze kuvuga ko ashaka ko kiba leta ya 51 ya Amerika.
Bamwe mu Banyamerika batangiye kubona ko uburenganzira bwabo n’umutekano wabo bishobora guhungabanywa n’ingamba za Leta ya Trump, zirimo guheza no kubangamira uburenganzira bw’ababana bahuje ibitsina n’ibindi.
Abanyamategeko umunani bagaragaje ko bamaze kubona Abanyemerika benshi bahinduje imiterere yabo, bashaka kuva muri Amerika kubera ingamba zikaze za Perezida Trump bavuga ko zibibasira.
Ubwo Trump yajyaga ku butegetsi bwa mbere mu 2017, abantu benshi binjiye muri Canada mu buryo butemewe kugira ngo babone uko bashyikiriza iki gihugu ubusabe bwabo bwo guhunga.
Nyuma Canada na Amerika byashyize umukono ku masezerano yemerera Abanyamerika gusabira ubukunguro mu gihugu bakandagiyemo bwa mbere.
Muri uwo mwaka abasaga 2.550 bari basabye ubuhungiro muri Canada, umubare wikubye inshuro zirenga esheshatu ugereranyije n’abari basabye mu 2016.
Nubwo Abanyamerika basaba ubuhungiro muri Canada ari benshi, ni umubare muto ugereranyije n’abarenga ibihumbi 55 bari barasabye iki gihugu ubuhungiro.
Abahinde ni bo benshi basaba guhungira muri Canada kuko bagize kimwe cya gatanu cy’abasabye bose.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *