Umubiri wa Papa Francis wagejejwe muri Bazirika ya St Peter ngo asezerweho bwa nyuma - AMAFOTO
Yanditswe: Wednesday 23, Apr 2025
Nk’uko byari byatangajwe n’ibiro bya Vatican, umubiri wa Papa Francis wamaze kugezwa muri Bazirika ya St Peter aho imihango yo kumusezeraho igomba kubera kugera ku wa gatandatu ubwo azashyingurwa.
Ahagana saa tanu z’amanywa mu Rwanda ni bwo umubiri wa Papa Francis wagejejwe muri Bazirika ya St Peter aho indi mihango yose yo kumuherekeza igomba kubera.
Iyi Bazirika izajya ifungura imiryango kugira ngo abantu baze gusezera kuri Papa kugera ku munsi wo kumushyingura. Amasaha yo gufungura iyi bazirika ni;
Uyu munsi ku wa Gatatu tariki ya 23 Mata 2025, ni ukuva 11:00 to 24:00
Ku wa Kane tariki ya 24 Mata 2025, ni ukuva saa 07:00 to 24:00
Ku wa Gatanu tariki ya 25 Mata 2025 ni ukuva saa 07:00 to 19:00
Ku wa Gatandatu, ni bwo hazasomwa misa ya nyuma yo kumuherekeza ndetse agahita anashyingurwa muri Bazirika ya Saint Mary Major.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *