skol
fortebet

Umudepite wo muri Kenya yakubitiwe muri sitade yagiye kureba ikipe y’igihugu

Yanditswe: Monday 24, Mar 2025

featured-image

Sponsored Ad

Umudepite wo muri Kenya, Peter Salasya yakubiswe n’abafana ndetse asohorwa muri Nyayo Stadium ubwo yari yitabiriye umukino wahuje Kenya na Gabon mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kuri iki Cyumweru.

Sponsored Ad

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje Salasya ari hagati y’abafana, bamwe bamushinja kutubaha umunyapolitiki Raila Odinga. Umwe yamukubise igikoresho cy’imyanda mu maso, mu gihe abashinzwe umutekano bageragezaga kumukiza abari bamurakariye.

Nyuma y’ibi, umudepite yaherekejwe n’abashinzwe umutekano bamusohora muri Nyayo Stadium, ajya mu modoka ye.

Ishyaka DAP-K arimo ryamaganye ibi bikorwa, rivuga ko ari ubugizi bwa nabi butakwihanganirwa.

Uyu mukino warangiye Kenya itsinzwe na Gabon ibitego 2-1, Gabon ikomeza kuyobora itsinda F n’amanota 15, mu gihe Kenya yagumye ku mwanya wa kane n’amanota 6.

https://www.instagram.com/reel/DHknBoDoGzL/?igsh=NWNrb2wxZDY5MTRh

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa