skol

Umugore wa Bobi Wine yasubije Gen Muhoozi ushaka udusabo tw’intanga tw’umugabo we

Yanditswe: Wednesday 21, Jan 2026

featured-image

Umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Barbara Itungo, ntiyumva uburyo Umugaba Mukuru w’ingabo z’igihugu akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, ashaka gukata udusabo tw’intanga tw’umugabo we.

Gen Muhoozi yatangarije ku mbuga nkoranyambaga ko inzego z’umutekano zishe abanyamuryango 22 b’ishyaka NUP rya Kyagulanyi bateje imvururu mu gihe cy’amatora, kandi ko yifuza ko uyu munyapolitiki uzwi mu muziki nka Bobi Wine yaba uwa 23 wicwa.

Mu bundi butumwa, uyu musirikare yatangaje ko nakura Bobi Wine ahantu yihishe kuva mbere y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, azabanza kumukata udusabo tw’intanga mbere yo kumwica.

Bobi Wine yatangaje ko abanyamuryango b’ishyaka NUP “bishwe na Gen Muhoozi” kuva mu cyumweru gishize barenga 100, kandi ko abasirikare bakigose urugo rwe kuva tariki ya 15 Mutarama 2026, bakaba batemera ko rwinjiramo ibiribwa byatunga abaruhezemo.

Umugore wa Bobi Wine bivugwa ko ari mu baheze muri uru rugo rugoswe n’abasirikare, yatangaje ko atumva impamvu Gen Muhoozi ashaka udusabo tw’intanga tw’umugabo we, kandi na we afite utwe.

Yagize ati “Umugaba Mukuru akaba n’umuhungu wa Museveni yavuze ko ashaka udusabo tw’intanga tw’umugabo wanjye. Muhoozi afite udusabo tw’intanga twe. Kubera iki akeneye utw’umugabo wanjye?”

Itungo yasobanuye ko umugabo we yahunze kubera ubutumwa bwinshi bwa Gen Muhoozi bwamuteguzaga ko ashobora kumugirira nabi, kuko ngo mu gihe cy’amatora harimo abishwe, abandi barafungwa.

Gen Muhoozi yamaze gusiba ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bwose bugaragaza ko ashaka kugirira nabi Bobi Wine. Yagumishijeho ubwo ku wa 17 Mutarama buvuga ko nta bantu bari guhiga uyu munyapolitiki.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa