Nana Konadu Agyeman Rawlings, Umugore wa Jerry Rawlings wabaye Perezida wa Ghana yitabye Imana ku myaka 76, azize uburwayi.
Amakuru y’urupfu rwa Agyeman Rawlings yatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Ghana, ku wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025.
Uretse kuba umugore wa Perezida, Agyeman Rawlings yageregeje no kuyoboka inzira ya politike ari ntibyamuhira. Mu 2012 yiyamamarije guhagararira ishyaka rya National Democratic Congress mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ariko aza gutsindwa.
Uyu mugore yitabye Imana nyuma y’imyaka itanu umugabo we, Jerry Rawlings na we apfuye kuko yatabarutse mu 2020. Aba bombi bashyingiranywe mu 1979.
Jerry Rawlings yayoboye Ghana kuva mu 1981 kugeza mu 2001.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *