Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe na bamwe mu bayobozi bo muri AFC/M23, avuga ko akiri muzima adashobora gupfa atarasohoza ubutumwa.
Ni nyuma y’uko ku wa 23 Gicurasi 2026 , hagiye hanze amakuru yavugaga ko uyu Gen Obedi Ngabo Patrick yishwe n’ibitero bya AFC/M23.
Manzi Willy, Guverineri Wungirije muri Kivu ya majyaruguru, mu buyobozi bwashyizweho na AFC/M23, yari yavuze ati: “uyu munsi isi ni nziza cyane idafite abitwa Gen. Obed, asanze Ruhinda, Mudacumura, Cirimwami n’abandi…”
Amakuru y’urupfu rwa Gen Obedi kandi yari yanagarutsweho n’Umunyamakuru Steve Wembi ukurikiranira hafi ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uyu munyamakuru yavugaga ko amakuru atandukanye yemeza ko General Obedi Ngabo, umwe mu bagize ihuriro riharanira demokarasi (CLD), yishwe ku wa 22 Gicurasi 2026, ubwo yari mu mirwano.
Mu butumwa bwe, Steve Wembi yari yagize ati: “Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye z’umutekano mu burasirazuba bwa Congo avuga ko General Obedi Ngabo, umwe mu bagize itsinda ry’abaharanira demokarasi (CLD), yishwe ku wa Gatanu mu mirwano.”
Gen Obedi Ngabo Patrick mu butumwa bw’amashusho bwagiye hanze kuri uyu wa 24 Gicurasi 2026, yanyomoje amakuru y’urupfu rwe, avuga ko akiri muzima.
Muri aya mashusho y’iminota irenga ine, hari aho agira ati “Ntabwo ndapfa, sinapfa gutyo ntabwo ndarangiza intambara.”
Akomeza agira ati: “Abavuga ngo narapfuye barabeshya, mpanganye na AFC/M23 iteza ibibazo Congo kandi ko igihe nikigera nzapfa kuko ntawe uzaba ku isi nk’ishyamba.”
Ni mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera hafi ya Rubaya ahasanzwe hari ibirombe by’amabuye y’agaciro, aho uruhande rwa Leta ya Congo rukomeje kurwana inkundura rushaka kwisubiza ibi bice, mu gihe abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 na bo barubereye ibamba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *