skol
fortebet

Umunyapolitiki ukomeye muri RDC yagaye umugambi wa Tshisekedi wo gushaka guhindura itegeko nshinga kugirango agume ku butegetsi.

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Saturday 30, May 2026

Umunyapolitiki ukomeye muri RDC yagaye umugambi wa Tshisekedi wo gushaka guhindura itegeko nshinga kugirango agume ku butegetsi.

Sponsored Ad

skol

Umunyapolitiki akaba n’Umuganga ukomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Dr. Denis Mukwege, yashinje Perezida Félix Tshisekedi ubugambanyi bukomeye budashobora kubabarirwa ashingiye ku mugambi we wo gushaka kuguma ku butegetsi.

Mu itangazo ryo kuri uyu wa 30 Gicurasi 2026, Dr. Mukwege yanditse ko bibabaje kuba Tshisekedi n’abamushyigikiye, cyane cyane abo mu ishyaka UDPS, bashyize imbere umugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga kugira ngo ayobore manda ya gatatu, aho gukemura ibibazo byugarije igihugu birimo umutekano muke n’icyorezo cya Ebola.

Uyu muganga yagaragaje ko abagize Inteko Ishinga Amategeko bashyigikiye uyu mugambi, bari kubiterwa n’uko bahembwa amafaranga y’umurengera, bakabona ko Tshisekedi naguma ku butegetsi, bazakomeza kurya igihugu.

Ikibabaje cyane, nk’uko Dr. Mukwege yabigaragaje, ni uko mu bashyigikiye uyu mugambi harimo Abadepite bakomoka mu bice byugarijwe n’umutekano muke na Ebola nk’Intara ya Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, nka Perezida wabo, Aimé Boji Sangara, ukomoka muri Walungu.

Dr. Mukwege yagize ati "UDPS yahoze ari icyitegererezo mu mpinduramatwara, yahindutse umucurabwenge w’ubugambanyi buganisha igihugu cyacu mu irimbukiro."

Uyu muganga yasabye Tshisekedi gusubira ku murongo, akibuka ko afite inshingano zo kurengera inzego z’igihugu n’amategeko yacyo, bitaba ibyo amateka akazamucira urubanza kubera ubugambanyi.

Ati "Bwana Perezida, nk’umugenga w’imikorere myiza y’inzego z’igihugu cyacu dukunda, irinde abagusingiza ku bw’inyungu zabo. Subira ku murongo mbere y’uko amateka agacira urubanza ku bugambanyi butababarirwa."

Mu ntangiriro za Gicurasi 2026, Tshisekedi yavuze ko hari gusuzumwa uburyo Itegeko Nshinga ryavugururwa kandi ko Abanye-Congo nibashaka kumwongeza manda, azabyemera. Yanaciye amarenga ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ashobora kutazaba mu 2027.

Nyuma y’igihe gito, abadepite bamushyigikiye bateguye umushinga wa kamarampaka yo kuvugurura Itegeko Nshinga, bawugeze mu Nteko Ishinga Amategeko. Abadepite mu ishyaka Ensemble rya Moïse Katumbi banze kwitabira ibiganiro kuri uyu mushinga.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi nka Martin Fayulu na Delly Sesanga bamaganye aya magambo, bagaragaza ko biteguye gukoresha imbaraga zose bafite mu gukumira uyu mugambi.

Tariki ya 5 Kamena 2026, i Kinshasa hitezwe imyigaragambyo ikomeye izahuza abadashyigikiye umugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga. Amashyaka arimo ECIDé rya Fayulu na Ensemble ari mu yayiteguye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa