skol
fortebet

Umunyamerika wanduriye Ebola muri RDC yagejejwe mu Budage

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 20, May 2026

Umunyamerika wanduriye Ebola muri RDC yagejejwe mu Budage

Sponsored Ad

skol

Umuturage wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wanduye Ebola ubwo yari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagejejwe mu Budage aho agiye kuvurirwa.

Dr. Peter Stafford usanzwe ari umuganga ukorera mu bitaro bya Nyankunde mu mujyi wa Bunia, Intara ya Ituri, kuva mu 2023, yagejejwe mu Budage mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu.

Azavurirwa mu bitaro bya Charite University Hospital biherereye i Berlin.

Ibi bitaro byatangajwe ko byateguye ibikenewe byose kugira ngo bizabashe kwita kuri uyu murwayi kandi bidashyize abaganga mu byago byo kuba bakwandura.

Uretse Dr. Peter Stafford byemejwe ko yanduye, biteganyijwe ko n’abandi Banyamerika batandatu bakekwaho iki cyorezo bagomba koherezwa i Burayi, aho bazabanza gushyirwa mu kato.

Mu gihe gito gishize bimenyekanye ko Ebola yongeye kugaragara muri RDC na Uganda, imaze kwica abantu 131.

Kugeza ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyemeje gutanga umusanzu mu kurwanya iki cyorezo haba muri RDC no muri Uganda. Iki gihugu kizashyiraho ibitaro 50 byo gufasha byihuse mu duce twagaragayemo Ebola.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa