skol
fortebet

Umunyarwandakazi yabaye indashyikirwa mu ishuri rya gisirikare muri Amerika

Yanditswe: Thursday 22, May 2025

featured-image

Sponsored Ad

Umusirikare w’u Rwanda, Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro, yarangije amasomo ya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse aza mu batsinze by’indashyikirwa.

Sponsored Ad

Amakuru yashyizwe hanze n’Ingabo z’u Rwanda agaragaza ko Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro yari amaze igihe yiga muri US Coast Guard Academy, ishuri rya gisirikare riherereye i Connecticut.

Ubwo iri shuri ryatangaga impamyabumenyi ku nshuro ya 144, Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro ni umwe mu banyeshuri batsinze neza kuko yabonye ‘Grande distinction’.

Yize ibijyanye no gusesengura amakuru no gukora ubushakashatsi bugenderwaho mu gutegura igikorwa cya gisirikare (Operations Research and Data Analytics).

Uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku ruhande rw’u Rwanda witabiriwe n’Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Loni, Col Deo Mutabazi.



Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa