Umupolisi mukuru yasabye Tshisekedi kumwohereza mu ntambara yo kurwanya M23
Yanditswe: Monday 21, Oct 2024
Umupolisi mukuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba n’umwarimu muri kaminuza, Alain Alisa Job Sambokera, yandikiye Perezida Félix Tshisekedi, amusaba kumwinjiza mu gisirikare kugira ngo ajye ku rugamba rwo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23.
Dr Sambokera yamenyesheje Tshisekedi ko kuguma muri Polisi bituma yibona nk’aho ntacyo amaze mu gihe igisirikare cya RDC gikomeje kwandagazwa n’abarwanyi ba M23, bacyambura ibice bitandukanye umusubirizo.
Uyu mupolisi yagaragaje ko igihugu cyabo cyahoze gikomeye ku buryo ingabo zacyo zitashoboraga gutsindwa n’uwo zihanganye na we, agaragaza ko kuguma mu gipolisi byaba bisa no kwemera ko bakomeza guseba.
Hari abagaragaza ko uyu mupolisi ashobora kuba azi uburemere bw’ikibazo cyo mu burasirazuba bwa RDC nk’umuntu wahabaye, kuko yigeze gukorera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Muri Nyakanga 2023, Tshisekedi yari yaramugize Komiseri wungirije mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ushinzwe ishami rya Polisi rishinzwe ubutabera n’imiyoborere. Yabanje kuba umuyobozi w’ishami rya Polisi rikorera mu mujyi wa Goma.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *