Umuraperi wo muri Irelande wazungurije ibendera rya Hezibollah ku rubyiniro yitabye urukiko !
Yanditswe: Thursday 21, Aug 2025
Umuraperi wo muri Ireland yitabye urukiko rwa Westminster i Londres azira kuzunguzira ku rubyiniro ibendera ry’umutwe w’iterabwoba ubwo yari mu gitaramo yakoreye mu mwaka ushize.
Liam Óg Ó hAnnaidh, umuhanzi w’Umunya-Irlande [iki ni kimwe mu bihugu bigize ubwami bw’Abongereza] wo mu itsinda ry’abaraperi rizwi nka Kneecap, yitabye urukiko rwa Westminster i Londres kuri uyu wa Gatatu, akurikiranyweho icyaha kijyanye n’iterabwoba kubera kugaragaza ibendera ry’umutwe wa Hezbollah mu gitaramo cye cyabereye i Londres muri Ugushyingo 2024.
Ó hAnnaidh, w’imyaka 27, uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Mo Chara, yageze ku rukiko yakirwa n’imbaga y’abantu bari bafite amabendera y’Irlande n’aya Palestina, baririmba amagambo yo kumushyigikira nka “Mo Chara narekurwe”.
Abandi bagize itsinda rya Kneecap, barimo Naoise Ó Cairealláin na J.J. Ó Dochartaigh, nabo bagaragaye baje kumva urubanza rwe kuri uyu munsi.
Amashusho yagaragaje ko umuziki we wateye impaka zishingiye ku buremere bw’icyaha ashinjwa ni amugaragaza afite ibendera ry’umutwe wa Hezbollah, uri ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba mu Bwongereza kuva mu mwaka wa 2019.
Binavugwa ko hari n’amajwi bivugwa ko yumvikanye avugira mu ruhame amagambo ati: “Ganza Hamas,tera imbere Hezbollah.” ; nkuko Evening Standard dukesha iyi nkuru yabitangaje .
Ubushinjacyaha bwatangaje ko ibyo O hAnnaidh aregwa bidafitanye isano n’uko avuga ko ashyigikiye Abanya-Palestina cyangwa ko anenga ibikorwa bya Leta ya Isiraheli.
Umushinjacyaha Michael Bisgrove yavuze ati: “Afite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo bye no kugaragaza impuhwe ku barengana. Ariko ibi birego ntibishingiye kuri ibyo, ahubwo ni ku kuba yaragaragaje ibendera ry’umutwe wemejwe ko ari uw’iterabwoba noneho akabikorera mu gihugu nk’iki.”
Itsinda Kneecap ryatangaje ko ibyakozwe ari igikorwa cya politiki kirimo ukuburira abantu ngo bareke kuvuga ku byaha by’intambara Leta y’u Bwongereza ishinjwa byo gushyigikira iyicarubozo riri gukorwa na Isreal muri Gaza.
Aho ryagize riti: “Ni agasuzuguro gaterwa n’impamvu za politiki, bigamije kuyobya uburari ku bw’inkunga idasobanutse u Bwongereza butanga mu ntambara ya Gaza.”
Ku ruhande rw’abashinzwe umutekano, bashyizeho amabwiriza akumira imyigaragambyo hafi y’urukiko, bavuga ko ari ukugira ngo birinde imvururu n’imyigaragambyo ishobora guhungabanya umudendezo rusange.
Ivomo : London Evening Standard na Al Jaazera

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *