Amakuru
Umushinga w’amahoro wo guharika intambara ugeze kuri 90% - Zelensky
Yanditswe: Friday 26, Dec 2025
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, arateganya guhura na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku Cyumweru muri Florida, mu biganiro bigamije kugera ku masezerano y’amahoro agamije guhagarika intambara u Burusiya burimo kurwana na Ukraine.
Zelensky yavuze ko adashobora kwemeza niba iyo nama izarangira habonetse amasezerano afatika, ariko agaragaza ko impande zombi zizagerageza “gusoza byinshi bishoboka.”
Yanditse kuri X ko “hari byinshi bishobora gufatwaho imyanzuro mbere y’umwaka mushya.”
Zelensky yabwiye abanyamakuru ko gahunda y’amahoro igizwe n’ingingo 20, yateguwe ku bufatanye bw’abayobozi ba Ukraine n’aba Amerika, “igeze kuri 90%” ngo igere ku musozo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *