Umushyitsi wa Museveni yakuruye umwuka mubi hagati ya Uganda na Sudani
Yanditswe: Monday 23, Feb 2026
Sudani yatangaje ko kuba Uganda iherutse kwakira Mohamed Hamdan Dagalo, Umuyobozi w’Umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uri mu ntambara n’ingabo z’iki gihugu, ari igitutsi ku burenganzira bwa muntu n’Abanya-Sudani.
Mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Sudani yashyize hanze ku Cyumweru tariki 22 Gashyantare 2026, yamaganye uruzinduko rw’uyu mugabo uzwi nka ‘Hemedti’ ndetse n’ibiganiro yagiranye na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Ati “Iyi ntambwe ni igitutsi ku kiremwamuntu, mbere y’uko iba n’igitutsi ku baturage ba Sudani, ndetse kandi itesha agaciro ubuzima bw’inzirakarengane zapfuye kubera imyitwarire ya Hemedti n’umutwe we w’iterabwoba.”
Yakomeje ivuga ko uru ruzinduko kandi “ruhonyora mu buryo bukomeye amategeko agenga imibanire y’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga, abuza gutanga ubufasha ubwo ari bwo bwose ku mutwe urwanya ubutegetsi na Guverinoma yemewe ku rwego mpuzamahanga.”
Ku wa 20 Gashyantare 2026, nibwo ibiro by’umukuru w’igihugu muri Uganda byatangaje ko Perezida Museveni yakiriye Mohamed Hamdan Dagalo, baganira ku ntambara iri muri Sudani.
Museveni yavuze ko yabwiye uyu mugabo ko ibiganiro n’ubushake bwa politike ari cyo gisubizo kirambye cyageza Sudani ku ituze.
Uruzinduko rwa Mohamed Hamdan Dagalo muri Uganda rwabaye mu gihe umutwe we ukomeje guhangana n’ingabo za Leta. Umutwe ayoboye kandi ushinjwa gukorera Jenoside abaturage bo muri Sudani.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *