Umusirikare wa RDC azamara imyaka 20 akora adahembwa kubera amashusho yafatiye ku rugamba
Yanditswe: Friday 23, Jan 2026
Urukiko rwa gisirikare rwa Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye umusirikare Capt Buba Ambwa Jean Denis igihano cyo kumara imyaka 20 akora imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro kubera amashusho yafatiye ku rugamba.
Uyu musirikare yayoboraga ingabo za RDC zikorera mu Kiyaga cya Albert. Tariki ya 8 Ukwakira 2025, yafashe ubwato bunyaruka, ajyana n’abasirikare be mu gace ka Nyamamba kugira ngo bahangane n’umutwe wa CRP washinzwe na Thomas Lubanga.
Ubwo aba basirikare bari mu rugendo berekeza muri Nyamamba, Capt Ambwa yabafashe amashusho akoresheje telefone ye, ayashyira ku mbuga nkoranyambaga.
Iki gikorwa cyarakaje abamukuriye, bagaragaza ko kirenga ku mabwiriza abasirikare bahawe yo kudafata amashusho mu gihe bari ku rugamba. Icyo gihe Ubushinjacyaha bwatangiye kumukurikirana, bumugeza mu rukiko.
Ku wa 21 Mutarama 2026, urukiko rwa gisirikare rwahamije Cpt Ambwa icyaha cyo kurenga ku mabwiriza y’abamukuriye, rumukatira igihano cyo kumara imyaka 20 akora imirimo idahemberwa n’icyo kwirukanwa mu gisirikare.
Abunganira Cpt Ambwa bagaragaje ko batanyuzwe n’icyemezo urukiko rwafatiye umukiliya wabo, bahita bajurira.
Urukiko rwanzuye ko Capt Buba Ambwa Jean Denis azamara imyaka 20 akora imirimo atazahemberwa

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *