skol
fortebet

Umutekano wakajijwe muri Afurika y’Epfo mbere y’imyigaragambyo irwanya abimukira

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Tuesday 30, Jun 2026

Umutekano wakajijwe muri Afurika y'Epfo mbere y'imyigaragambyo irwanya abimukira

Sponsored Ad

skol

Abapolisi n’abashinzwe umutekano bo mu bigo byigenga bashyizwe ahantu hatandukanye muri Afurika y’Epfo kubera ubwoba bwuko imyigaragambyo iteganyijwe yo kwamagana abimukira ishobora kuvamo urugomo.

Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yashishikarije abateganya kwitabira iyo myigaragambyo kubikora “nta gutera ubwoba, nta gushyiraho ibikangisho cyangwa gutanga nyirantarengwa”.

Iyi myigaragambyo iteganyijwe kuba uyu munsi, w’itariki ntarengwa yashyizweho n’impirimbanyi ko abanyamahanga badafite ibyangombwa byemewe n’amategeko bagomba kuba bamaze kuva muri Afurika y’Epfo.

Abanyamahanga benshi bamaze guhunga iki gihugu kubera ubwoba bwo gukorerwa urugomo no guterwa ubwoba. Polisi y’Afurika y’Epfo yatangaje ko kugeza ubu abantu bagera ku 25,000 bamaze gusubizwa mu bihugu byabo. Benshi muri bo ni abo mu bindi bihugu by’Afurika.

Mu mujyi wa Johannesburg, aho imwe mu myigaragambyo iteganyijwe kubera, haragaragara ituze ridasanzwe.

Amaduka yose yo hafi y’aho imyigaragambyo iteganyijwe kubera, yafunzwe kandi, hari umubare munini w’abapolisi ku mihanda minini y’uwo mujyi.

Polisi yatangaje ko abantu batanu batawe muri yombi mu gace gakomeye ka Soweto k’i Johannesburg, bashinjwa gusahura iduka ry’umunyamahanga.

Yatangaje kandi ko abandi bantu batanu na bo batawe muri yombi mu gace ka Hammarsdale mu ntara ya KwaZulu-Natal bashinjwa kwinjira ku ngufu mu iduka rito.

Mu mujyi wa Durban rwagati, ari wo munini muri iyo ntara, ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byafunzwe.

Perezida Ramaphosa yakomeje kuburira abigaragambya ngo babikore mu mahoro kandi bagashyira mu gaciro, ariko anemera ko hakenewe ivugururwa ry’amategeko agenga abinjira mu gihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa