skol

Umuyaga wasubitse ingendo z’indege zirenga 100 muri Nouvelle-Zélande

Yanditswe: Thursday 23, Oct 2025

featured-image

Inkubi y’umuyaga uri ku muvuduko w’ibilometero 155 ku isaha muri Nouvelle-Zélande, yatumye ingo zirenga ibihumbi 90 zibura amashanyarazi bituma inzego z’umutekano zihagarika ingendo z’indege zirenga 100.

ku wa 23 Ukwakira 2025, ikigo cy’iteganyagihe cyatangaje ko uyu muyaga uri kugenda usatira igihugu cyose haba mu majyepfo n’amajyaruguru y’ikirwa.

Abayobozi batangaje ko umuyaga ukomeje kwibasira tumwe mu duce turimo Canterbury na Wellington, basaba abaturage kuguma mu nzu, kwirinda ingendo, no kwitegura ibura ry’amashanyarazi kuko imvura ishobora kugwa mu majyepfo y’igihugu.

Uyu muyaga watwaye ibisenge by’inzu ndetse wangiza ibiti n’insinga z’amashanyarazi. Muri iyi mijyi ingendo z’indege zirenga 100 zasubitswe.

Hari umugabo wapfuye akubiswe n’ishami ry’igiti ubwo yari ari mu nzira y’amaguru izwi cyane mu mujyi wa Nouvelle-Zélande.

Iyi nkubi y’umuyaga yabaye mu gihe abarimu, abaganga, n’abandi bakozi ba leta barenga ibihumbi bari mu myigaragambyo bise ‘Mega Strike’ basaba kongererwa umushahara no kunozwa kw’imibereho mu kazi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa