
Ku wa Mbere, itariki 4 Gashyantare 2025, umuyobozi mukuru w’ishami rya Leta ya Kisilamu muri Somaliya yafashwe, nkuko byatangajwe n’abapolisi, n’ibitangazamakuru bya Leta nyuma yiminsi ibiri ubuyobozi bwa IS bwibasiwe n’ibitero by’indege bya Amerika kandi mu gihe inzego z’umutekano zikomeje ibitero bimaze icyumweru.
Mu myaka mike ishize, ishami rya Leta ya Kisilamu muri Somaliya ryabaye igice cy’ingenzi mu mitwe yitwara gisirikare y’abajihadiste ku Isi yose, igenda yiyongera kubera ubwinshi bw’abarwanyi b’abanyamahanga no kurushaho kwinjiza amafaranga.
Mu gitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare mu Kuboza uyu mutwe wavuze ko wakoresheje imodoka ebyiri abasesengura iby’umutekano bavuga ko cyakoranywe ubuhanga bukomeye.
Ibiro Ntaramakuru by’igihugu cya Somaliya, SONNA, byatangaje ko Abdirahman Shirwac Aw-Saciid, ukuriye itsinda ry’abicanyi ry’iryo tsinda, yishyikirije abayobozi ku wa Mbere mu misozi ya Cal Miskaad, mu majyaruguru y’iburasirazuba bwa Puntland.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *