skol
fortebet

Umuyobozi mukuru wa OMS yagiriye uruzinduko muri Congo abizeza ihagarikwa rya Ebola.

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Friday 29, May 2026

Umuyobozi mukuru wa OMS yagiriye uruzinduko muri Congo abizeza ihagarikwa rya Ebola.

Sponsored Ad

skol

Umuyobozi mukuru w’ishami rya ONU ryita ku buzima ku isi OMS/WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yageze i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kuyobora ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya Ebola kimaze kugaragaza ubwiyongere bwinshi muri iki gihugu.

Ni urugendo yagiriye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nk’igihugu kimaze kugaragaramo abantu benshi banduye icyorezo cya Ebola.

Dr.Tedros Adhanom Ghebreyesus byitezwe kandi ko azakomeza akagera no mu bice byo mu burasirazuba bw’iki gihugu bikomerewe n’indwara ya Ebola, kugeza ubu bivugwa ko imaze kwica abarenga 200 mu gihe abayanduye barenga 1,000.

Dr.Tedros mu butumwa butandukanye agenda atangaza, akomeza kwereka iki gihugu cya Congo ko yifatanyije nabo, kandi akabizeza ko OMS izakora ibishoboka byose, ikabafasha guhangana n’iki cyorezo.

Ubwo yageraga i Kinshasa, Dr.Tedros yavuze ko iki cyorezo cya Ebola bishoboka ko gihagarikwa.

Yanavuze kandi ko abahanga, bari gukora ibishoboka byose ngo bashake urukingo rw’iyi Ebola, bavuga ko ari ubwoko bushya bwayo bwaje butandukanye n’ubwari busanzwe.

Icyorezo cya Ebola gikomeje gutera impungenge ibihugu bwinshi bitandukanye, ndetse byanashyizeho ingamba zo kwirinda ko yagera mu bihugu byabo, aho ibituranye na RDC byafunze imipaka ibihuza nayo, ndetse ibindi bikumira abaturuka mu bihugu byagaragayemo Ebola kuba bakwinjira mu bihugu byabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa