skol
fortebet

Umwana urwaye Ebola yashimuswe akurwa mu ivuriro hafi y’i Butembo

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 17, Jun 2026

Umwana urwaye Ebola yashimuswe akurwa mu ivuriro hafi y'i Butembo

Sponsored Ad

skol

Abayobozi bo mu buvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) bavuga ko umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu wanduye Ebola yashimuswe agakurwa mu kigo ivurirwamo kiri mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ku mugoroba wo ku wa mbere, abagabo bitwaje intwaro z’ubugi butyaye biraye muri iryo vuriro riri hafi y’umujyi wa Butembo mu ntara ya Kivu ya Ruguru, nuko batwara uwo mwana na nyina.

Abategetsi bo mu buvuzi baburiye ko abo bantu bombi bashobora gukwirakwiza iyo virusi nibakomeza kuba hanze y’ivuriro.
Dr Lubambo Maboko Gaston, ukuriye ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Kivu ya Ruguru, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati:

"Kugeza ubu, ntiturabona abo bantu babiri turimo gushakisha. Turimo kubinginga ku mugaragaro kugira ngo mu gihe cyihuse gishoboka bajye ku ivuriro kuko gusubira mu baturage kwabo gushobora guteza ibyago byuko ubuzima bwabo buhuhuka ndetse, hejuru ya byose, kukanduza benewabo [abo bafitanye isano]."

Iryo shimutwa ribaye mu gihe hashize ukwezi kurenga iki kiza gishya cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo cyadutse, kikaba ari icya 17 mu mateka ya DRC.

Imiryango ifasha ivuga ko ibikorwa byo guhagarika iyi virusi bikomeje guhura n’imbogamizi nyinshi, zirimo nk’ikwirakwizwa ry’amakuru atari ukuri, kutagirira icyizere abakozi bo mu buvuzi ndetse no kudakurikiza zimwe mu ngamba z’ubuzima rusange zo guhangana n’iki kiza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa