skol
fortebet

Umwongereza n’abaturage benshi ba Turkiya bashimutiwe muri Kenya

Yanditswe: Monday 21, Oct 2024

featured-image

Sponsored Ad

Ku wa Gatanu, umwenegihugu w’u Bwongereza yabwiye BBC ko we n’abaturage benshi ba Turkiya bashimutiwe mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, n’abagabo bihishe mu maso abaturage bane ba Turkiya bakaba baburiwe irengero .

Sponsored Ad

Necdet Seyitoğlu, wabaga mu Bwongereza imyaka 18 mbere yo kwimukira muri Kenya mu myaka ibiri ishize, yavuze ko yarekuwe nyuma y’amasaha umunani ubwo yerekaga abamushimuse kopi ya pasiporo ye y’u Bwongereza.

Mu itangazo, ibiro by’ububanyi n’amahanga by’u Bwongereza byavuze ko "barimo gufasha umugabo w’Umwongereza n’umuryango we nyuma y’ibyabereye muri Kenya".

Igipolisi cya Kenya cyatangarije BBC ko barimo gukora iperereza ku "kibazo cyo gushimuta" nyuma y’uko umuntu wari kuri moto yabonye uko ishimutwa ryagenze.

Nk’uko amakuru avuga, imodoka ebyiri zitambitse imbere n’inyuma imodoka yari irimo abantu babiri.

Umuvugizi wa polisi muri Kenya, Resila Onyango, yagize ati: "Abantu bagera ku munani bitwaje imbunda bavuye muri izo modoka zombi, bakuramo abo bombi" maze baragenda.

"Nyuma yaho, Yusuf Kar, ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ukomoka mu gihugu cya Turkiya" yabimenyesheje ibiro bya polisi biri hafi aho avuga ko abo bashimuswe ari Hüseyin Yeşilsu na Necdet Seyitoğlu.

Abategetsi ba Turkiya ntibaratanga ibisobanuro kuri iki kibazo.

Seyitoğlu, umujyanama mu by’uburezi, yatanze ibisobanuro birambuye ku byo yavuze mu gihe cy’ishimutwa rye, bimwe muri byo bikaba bitandukanye n’ibyatangajwe na polisi.

Yasobanuye ko imodoka ya SUV yera yitambitse imodoka ye ubwo yavaga mu rugo agiye ku kazi n’incuti ye saa moya n’igice za mugitondo (04:30 GMT).

Yavuze ko aba bombi bafungishijwe ijisho kandi bambaye amapingu n’abantu bane bitwaje imbunda mbere yo kujyanwa ahantu hatazwi.

Yavuze ko gusaba inshuro nyinshi ibisobaro ku mpamvu bafashwe bitigeze bisubizwa.

"Twarababajije, ushobora kutwereka imyirondoro wanyu? Turi kujyahe? Ariko nta bisobanuro twigeze tubona".

Seyitoğlu yongeyeho ati: "Byari ibintu bibi cyane mu buzima bwanjye."

Yavuze ko amaherezo yashoboye kwemeza abamushimuse ko ari umwenegihugu w’u Bwongereza abereka kopi ya pasiporo ye kuri telefone.

Yavuze ko nyuma yo gufata ifoto, abo bagabo bakiriye telefone isa nkaho ari amabwiriza yo kumurekura.

Aba bagabo bipfutse mu maso, Seyitoğlu yavuze ko bavugaga Igiswahili, hanyuma bamujugunya ahantu atazi maze bamuha amashiringi 1.000 ($ 7.50; £ 6) kugira ngo atege ajye mu rugo, ariko banga kumusubiza telefone ye na mudasobwa igendanwa.

Muri icyo gihe, Seyitoğlu yavuze ko umugore we yamenye ko yabuze, maze abimenyesha Ambasade y’u Bwongereza.

Seyitoğlu yavuze ko abandi bantu batandatu azi, abaturage bose ba Turkiya, na bo bashimuswe mu buryo bumwe bava ahantu hatandukanye i Nairobi.

Urugaga rw’abanyamategeko rwo muri ako gace, Mukele & Kakai, mu itangazo ryarwo rwatangaje ko rukora mu izina ry’abagabo bane banditswe nk’impunzi kandi baburira indege ko zitakwemera ko binjizwamo.

Ibaruwa y’abavoka yabonywe na BBC igira iti: "Abakiriya bacu bashimuswe muri Kenya hagamijwe koherezwa muri Turkiya aho bakorewe ihohoterwa rishingiye kuri politiki."

Ibi byagarutsweho n’itsinda ry’ubukangurambaga Amnesty International, umuvugizi wayo muri Kenya yavuze ko "ahangayikishijwe cyane n’amakuru avuga ko abasaba ubuhungiro barindwi baturutse muri Turkiya bashimutiwe ku butaka bwa Kenya".

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, ryabwiye BBC ko ryamenye aya makuru kandi ko rizatanga ibisobanuro birambuye nirimara kubona amakuru ahagije.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa