Uwahoze ayobora Venezuela, Nicolás Maduro, hamwe n’umugore we Cilia Flores, bategerejwe gutangira kuburanishwa ku wa 1 Kamena 2027, nyuma yo gushinjwa ibyaha bifitanye isano n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Bombi bahakana ibyo baregwa.
Icyemezo cy’igihe urubanza ruzatangirira cyatangajwe ku wa 22 Nyakanga 2026 n’Umucamanza Alvin Hellerstein wo mu rukiko rwa New York.
Maduro na Flores bafashwe n’inzego z’umutekano za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gikorwa cyabereye i Caracas ku wa 3 Mutarama 2026. Nyuma yo gutabwa muri yombi, bahise boherezwa muri New York kugira ngo batangire gukurikiranwa n’ubutabera.
Mu iburanisha ryabaye ku wa 22 Nyakanga, urukiko rwemeje ko ku wa 17 Ugushyingo 2026 hazaba inama ibanziriza urubanza, iziga ku myiteguro y’iburanisha nyir’izina.
Ubwunganizi bwa Maduro bwatangaje ko buzashyikiriza urukiko ubusabe bwo guhagarika uru rubanza, buvuga ko kubera ko yabaye Perezida wa Venezuela, akwiye ubudahangarwa bw’abahoze ari abakuru b’ibihugu.
Mu rukiko hari hakoraniye abantu benshi bifuza gukurikirana iburanisha, bituma inzego z’umutekano zikaza ingamba zo kubungabunga ituze no kubuza uwagerageza kuvugisha Maduro mu cyumba cy’urukiko.
Maduro n’umugore we bageze imbere y’umucamanza bambaye imyambaro y’abafunzwe kandi bifashishaga utwuma dusemura indimi. Maduro ntiyari yambitswe amapingu, ndetse yagaragaje ituze asuhuza abantu bari bitabiriye iburanisha.
Mbere y’uko iburanisha ritangira, urukiko rwaburiye abari bahari ko umuntu wese warenga ku mabwiriza cyangwa akagerageza kuvugisha uregwa ashobora gukurikiranwa n’amategeko.
Hanze y’urukiko, bamwe mu bigaragambyaga banenze icyemezo cya Amerika cyo gufata Maduro, bavuga ko ari uburyo bwo kwivanga mu bibazo bya Venezuela no gukomeza kwagura ijambo ryayo mu karere.
Ku rundi ruhande, bamwe mu bakomoka muri Venezuela batuye muri Amerika bashyigikiye ikurikiranwa rye. Wilmer Contreras, umaze imyaka hafi 30 aba muri Amerika, yavuze ko afata Maduro nk’umuntu wagize uruhare mu gusenya igihugu cye, anashimira ubutegetsi bwa Donald Trump kuba bwaramufashe.
Nyuma yo gusoza iburanisha, Maduro yasohotse mu rukiko asezera ku bari aho azunguza ikiganza, mbere yo gusubizwa aho afungiye ategereje ibindi byemezo by’urukiko.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *