skol

USA: Abadepite babujijwe gukoresha WhatsApp

Yanditswe: Tuesday 24, Jun 2025

featured-image

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabujije Abadepite gukoresha porogaramu ya WhatsApp mu bikoresho byabo by’ikoranabuhanga, mu rwego rwo kurinda umutekano w’amakuru yabo.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho muri Mutarama 2025, WhatsApp yemeje ko ikigo Paragon Solutions cy’Abanya-Israel cyavogereye amakuru y’abakiliya bayo benshi barimo abanyamakuru n’abagize za sosiyete sivile.

Ishami rishinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, ku wa 23 Kamena 2025 ryamenyesheje Abadepite ko gukoresha WhatsApp bishobora guteza ibibazo, bitewe n’uko idashyira umucyo ku buryo irinda amakuru y’abakiliya no kuba nta buryo ifite bwo kubika amakuru y’ibanga.

Abadepite n’abandi bakozi bo mu Nteko basabwe gukoresha izindi porogaramu zifite umutekano wizewe nka Microsoft Corp, Teams, Amazon, Wickr, Signal, iMessage cyangwa Face Time.

Umuvugizi wa WhatsApp yatangaje ko iki kigo cyamaganye bikomeye iki cyemezo, asobanura ko kirinda umutekano w’amakuru y’abakiliya ku rwego rwo hejuru, kurusha izindi mbuga abadepite bemerewe gukoresha.

Mu 2022, Inteko ya Amerika na bwo yabujije Abadepite gukoresha urubuga TikTok rw’ikigo ByteDance cyo mu Bushinwa, isobanura ko umutekano w’amakuru y’abarukoresha utizewe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa