Perezida wa Amerika, Donald Trump yategetse ko hongera gusuzumwa uburenganzira bwo gutura no gukorera muri Amerika bwahawe abantu bavuye mu bihugu 19, binyuze muri gahunda ya Green Card, by’umwihariko abakomoka muri Afghanistan.
Trump yavuze ko urwego rushinzwe gutanga ubwenegihugu n’abimukira rwongera gusuzuma buri muntu wahawe uburenganzira bwo gutura no gukorera muri Amerika wavuye muri ibi bihugu 19.
Ku wa 26 Ugushyingo 2025, abasirikare babiri ba Amerika barasiwe muri metero nke uvuye kuri White House barakomereka bikomeye. Byatangajwe ko ari igitero cyari kigambiriwe.
Amerika yatangaje ko uwihishe inyuma y’iki gitero ari umusore ukomoka muri Afghanistan wakoranye n’ingabo za Amerika ubwo zari muri iki gihugu.
Uyu musore w’imyaka 29 yahawe ubuhungiro muri Mata 2025.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Gasutamo n’abinjira n’abasohoka, Joseph Edlow, abinyujije kuri X yavuze ko hagomba “kongera gukorwa isuzuma rikaze ku bahawe Green Card bo mu bihugu bireba byose.”
Abajijwe ibyo bihugu, yasubije ko ari abo mu bihugu byatangajwe ko abaturage babyo bakumiriwe kwinjira muri Amerika.
Ibi bihugu birimo Repubulika ya Congo, Afghanistan, Myanmar, Tchad, Guinée Equatorial, Erythrée, Haïti, Iran, Libya, Somalia, Sudani na Yemen.
Trump kandi yakumiriye mu buryo bumwe cyangwa ubundi abaturuka mu bihugu nk’u Burundi, Cuba, Laos, Sierra Leone, Togo, Turkmenistan na Venezuela bamwe bagahabwa visa z’igihe gito zo gukorera muri Amerika.
Magingo aya abantu barenga miliyoni 14 batuye muri Amerika binyuze muri gahunda ya Green Card.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *