USA: Michelle Obama yahishuye ko atazitabira irahira rya Donald Trump
Yanditswe: Wednesday 15, Jan 2025
Michelle Obama, umugore wa Barack Obama wayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko atazitabira ibirori by’irahira rya Perezida Donald Trump watorewe kuyobora iki gihugu mu matora aheruka.
Umuhango wo kurahira kwa Perezida mushya wa Amerika uteganyijwe ku wa 20 Mutarama 2025, ndetse abayoboye Amerika bose bakiriho biteganyijwe ko bazawitabirana n’abagore babo.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Barack Obama na Michelle Obama rigaragaza ko uyu mubyeyi atazitabira umuhango w’irahira rya Trump ariko ntirigaragaza impamvu nyakuri yabiteye.
CNN yanditse ko kutitabira uyu muhango ari ukunyuranya n’umuco umenyerewe ku bahoze ari abayobozi ba Amerika wo kwitabira ibi birori.
Michelle Obama kandi ntiyagaragaye mu kiriyo cya Jimmy Carter wayoboye Amerika, mu gihe abandi bagore b’abayoboye Amerika bari bahari.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *