Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya yaburiwe irengero
Yanditswe: Monday 23, Mar 2026
Polisi ya Kenya yatangije iperereza ku kibazo cya Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, waburiwe irengero ku wa Gatandatu agiye mu kiganiro kuri radiyo.
Raphael Tuju yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya kuva muri Mata 2008-2009 ku butegetsi bwa Perezida Mwai Kibaki, ayobora igihe gito mbere y’uko Guverinoma ihindurwa.
Tuju hamwe n’umushoferi wari umutwaye baburiwe irengero kuva ku wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026, imodoka ye bayisanga yatawe ku muhanda wo mu gace ka Karen mu nkengero za Nairobi.
Ku Cyumweru, Paul Nyamodi, umunyamategeko wa Tuju yavuze ko mbere y’uko aburirwa irengero yatanze ikirego kuri polisi ko hari imodoka idafite ibirango imaze igihe imukurikira.
Polisi ivuga ko yari ikiri gukurikirana iki kirego cya mbere, ikorana n’inzego zose bireba.
Kuburirwa irengero kwa Tuju kwatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemeza ko yashimuswe.
Uyu mugabo yari amaze iminsi mu manza z’imitungo ye i Nairobi yashakaga gutezwa cyamunara kubera ibibazo by’inguzanyo za banki. Yaherukaga kumvikana yikoma polisi avuga ko yamuteye mu rugo rwe i Karen, yirukana abarinzi be, yigarurira n’ibikorwa bye by’ubucuruzi.
Hari ibirego by’imyenda mu rukiko bya miliyoni 15$ ikigo cya Tuju, Dari Limited cyibereyemo abantu batandukanye. Yagerageje gukumira guterezwa cyamunara inshuro nyinshi.
Yavugaga ko abayobozi bo hejuru bari kugerageza kumunyaga imitungo ye, gusa Leta ntacyo iravuga kuri ibi birego.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *