skol

Visit Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Yanditswe: Monday 29, Sep 2025

featured-image

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko Visit Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers ikina ya Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), ndetse na Los Angeles Rams ikina muri National Football League (NFL).

Ni amakuru yatangajwe kuri uyu wa 29 Nzeri 2025. Ni ubwa mbere ikigo gikomoka muri Afurika cyamamaje muri Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA) ndetse n’iy’umukino wa American Footbal (NFL).

Byitezwe ko ubu bufatanye buzafasha u Rwanda kugera ku ntego yo kwinjiza miliyari 1$ bitarenze mu 2029, binyuze mu bukerarugendo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa