Yafunzwe azira ifoto ya Perezida Kagame: Ubuhamya bwa Dr. Abimana wahohotewe na FARDC
Yanditswe: Wednesday 04, Feb 2026
Iyo uganiriye n’Abanyarwanda bagendaga Umujyi wa Goma ukigenzurwa n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hari ibyo bakubwira ukagira ngo uri kurota; abataramburwaga, barakubitwaga cyangwa bagacunaguzwa, yewe hari n’abafunzwe.
Umwe mu bahuye n’iri hohoterwa ni Prof. Dr. Abimana Jean de la Paix, Umunyarwanda utuye mu Karere ka Rubavu ariko wigisha muri Kaminuza zitandukanye mu Mujyi wa Goma n’uwa Bukavu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Kubera imiterere y’akazi ke, Prof. Dr. Abimana ahora mu ngendo hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ingendo amazemo imyaka myinshi kuko yatangiye kwigisha muri kaminuza zo muri RDC mu 2019, ndetse mbere yaho yaranahize.
Mu kiganiro na IGIHE, Prof. Dr. Abimana yavuze ko mbere Goma na Bukavu bikigenzurwa n’Ingabo za Leta ya RDC, harangwaga ibibazo byinshi byiganjemo iby’umutekano muke no guhohotera Abanyarwanda.
Ati “Mbere Goma ikiyoborwa na guverinoma ya Kinshasa byari ibibazo bikomeye ku bantu bose, cyane cyane ku Banyarwanda bambuka umupaka bajya muri Congo, urabona abantu baturanye ntibabura guhahirana ntibabura gukora imirimo iva mu gihugu ijya mu kindi. Ariko noneho Umunyarwanda yashoboraga kwambuka umupaka agateza kashe ku mipaka yombi, akajya muri Congo, ariko yagaruka kugira ngo atambuke ku mupaka wa Congo uza mu Rwanda bikaba ikibazo gikomeye, rimwe bakagusaba kuzana ibyangombwa udafite kandi mbere bari bakwemereye gutambuka, nta yindi mpamvu bafite ahubwo baba baremye uburyo bwo kugira ngo bagukuremo amafaranga.”
Yavuze ko kenshi inzego z’umutekano n’izishinzwe abinjira n’abasohoka zashyiraga amananiza ku Banyarwanda kugira ngo zibakuremo amafaranga.
Ati “Hano i Goma, hari uburyo bubiri abantu bamburwamo amafaranga, hari ubujura busanzwe, umuntu akaba yayagukura mu mufuka, ariko noneho hari n’abandi bambuzi kandi ari abakozi ba leta, kandi ugasanga bisa n’ibyemewe na leta. Kuko niba umuntu yibira muri gasutamo ya leta ntabwo wambwira ko ibyo akora bitwazwi na leta. Uratambuka none akakubwira ati zana ibyangombwa byawe, noneho wazana ibyangombwa akakubwira ati ibi si byo nashakaga, mbese ibyangombwa bikaba kumuhereza amafaranga wayamuha ugatambuka.”
Yakomeje avuga ko “noneho wa munsi atayabonye akakujyana mu kazu yitwaje ku gusaka, ubwo ayo agusanganye yakugirara impuhwe mukayagabana, niba ntayo bakwicaza aho bakaguha n’ama inite ugahamagara iwanyu, bati twamufashe ni maneko wa Kagame.”
Yafunzwe azira ifoto ya Perezida Kagame
Mu 2021, nk’uko bisanzwe Prof. Dr. Abimana yarambutse ajya hakurya mu Mujyi wa Goma kwigisha. Ni umunsi utaramugendekeye neza kuko ubwo yari mu nzira ataha, yafashwe n’abashinzwe umutekano, basanga afite ifoto ya Perezida Paul Kagame muri telefone, bahitamo kumufunga.
Prof. Dr. Abimana ati “Nari mvuye kwigisha i Goma, baramfata basanga nta mafaranga mfite nsigaranye itike gusa, barambwira bati shaka ikintu watanga kigukure hano, ndababwira nti nta kintu mfite kandi murabizi ko nyura aha nta kindi kiba kinjyanye ni ugutanga uburezi mumfashe nitambukire, barampakanira.”
Yavuze ko icyo gihe yakomeje kwiginga ariko biba iby’ubusa, ndetse ibintu birushaho kuba bibi ubwo bari bamaze kubona iyo foto.
Ati “Mbasaba imbabazi barabyanga, haza umuyobozi banyambura ubusa basaka imyenda babonye ko nta kintu mfite barandeka ariko bafata telefoni barebamo, basangamo ifoto ya Perezida Paul Kagame, barambwira bati uyu ntiwamuzana mu gihugu cyacu, baramfunga namaze iminsi itandatu muri gereza ndi kuzira ko ntunze ifoto ya Perezida wanjye muri telefoni yanjye.”
“Narabasobanuriye nti ndi umuturage w’u Rwanda, nambutse ku mupaka mu buryo bwemewe, ntunze ifoto ya Perezida wanjye nitoreye, kandi namwe mufite uwanyu, ubuse nababuza gutunga ifoto ya Perezida wanyu?”
Prof. Dr. Abimana afungwa, inzego z’umutekano za RDC zavugaga ko ari maneko wa Kagame. Yafunguwe nyuma y’iminsi itandatu nyuma yo guhamagara umuryango we ukemera gutanga amafaranga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *