skol
fortebet

Yanagurishije inzu ya Leta yari i Paris: Ubundi bujura bwa Ndagijimana wari Umudipolomate w’u Rwanda

Yanditswe: Sunday 13, Apr 2025

featured-image

Sponsored Ad

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean-Damascène Bizimana, yavuze ko Ndagijimana Jean Marie Vianney wiyita umunyapolitiki uharanira uburenganzira bwa muntu, yibye amafaranga ya Leta anambura umukozi we wo mu rugo, none akaba yirirwa abeshya, apfobya anahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Sponsored Ad

icyo gihe, nyamara yari yaraguzwe miliyoni 3,75 by’Amafaranga yo mu Bufaransa.

Ati “Bigaragaza ko yayitesheje agaciro k’icya kabiri cy’agaciro k’inzu kugira ngo igurwe vuba amafaranga ayatware.”

Igenzura ryagaragaje ko mbere yo kuyigurisha yari yarabanje kubeshya ko inzu yangiritse, afata igice kimwe aragitwika, asaba uburenganzira bwo kuyisana arayihabwa, akora inyigo y’amafaranga yo mu Bufaransa ayitangamo miliyoni 1,3 kandi ayishyuza Leta nyamara yari yarabanje kuvuga ko ikeneye gusanwa n’ibihumbi 700.

Yambuye umukozi wo mu rugo

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko igenzura ryagaragaje ko Ndagijimana yambuye umuboyi we wo mu rugo wakomokaga muri Ethiopie, amafaranga yo mu Bufaransa 75.200, ni ukuvuga miliyoni 20 Frw z’ubu.

Ati “Kugira ngo bishoboke ko Ambasaderi yiba amafaranga y’umuboyi byagenze bite? Igenzura ryasanze yari yarahaye umubitsi wa Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa amabwiriza y’uko umushahara w’abakozi bo mu rugo ugomba kujya unyuzwa kuri konti ya ambasaderi akaba ari we uwubihera. Ni aho rero yabihereye umubitsi [Athanase Nsengiyumva] amafaranga y’abakozi bo mu rugo ba Ndagijimana akajya ayanyuza kuri konti ye, na we amafaranga ntayahe abakozi agenewe cyane cyane umuboyi we wakomokaga muri Ethiopie.”

Iri genzura kandi ryasanze Ndagijimana yari yarahaye icyuho abandi badipolomate b’u Rwanda na bo bakora ubujura burimo kwangiza imitungo nk’inzu za Leta bari bacumbitsemo, kugurisha ibikoresho bya Ambasade z’u Rwanda no kumara igihe kirenze umwaka baranze gutanga inzu za Leta y’u Rwanda nyuma ya Jenoside nyamara batari bakiri abadipolomate.

Ati “Bakoze ubwo bujura ari ambasaderi [Ndagijimana] ubayobora harimo abitwa Ukobizaba Martin, Nderebeza Anasthase, Shirampaka Anasthase n’abandi.”

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko uwaciye agahigo ko kwiba amafaranga menshi ari Col Sebastien Ntahobari wari uhagarariye u Rwanda i Paris ashinzwe ubutwererane bwa Gisirikare kuva mu 1992 kugeza mu Ukuboza 1994, ari na bwo yavanywe kuri uwo mwanya, ahamagajwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yanga kwitaba ahera mu Bufaransa atyo kugeza aguyeyo.

Igenzura ryagaragaje ko Col Ntahobari yari yarahawe ububasha bwose bwo gucunga ingengo y’imari yose ya ambasade mu 1993 kuko icyo gihe Ambasade y’u Rwanda yanyuzwagaho amafaranga menshi yo kugura intwaro mu bihugu bitandukanye.

Byagaragaye ko hari miliyoni zirenga 2$ zibwe na Col Ntahobari, afatanyije na Minisitiri Augustin Bizimana wayoherezaga i Paris, n’abandi bakozi ba Ambasade i Paris.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa