Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa Houthi ukorera muri Yemen wataye muri yombi abakozi 11 b’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM), ubashinja gukorana na Leta ya Israel.
Intumwa yihariye ya Loni muri Yemen, Hans Grundberg, yatangaje ko Aba-Houthi binjiye ahakorera PAM mu murwa mukuru, Sanaa, basahura umutungo wayo, bafata abakozi baho, kandi ko bashatse gutera n’ibiro by’andi mashami y’uyu muryango.
Yagize ati “Akazi k’abakozi ba Loni gatunganyije kandi gakorwa hashingiwe ku mahame yo kutivanga, kutabogama, ubwigenge n’ubumuntu. Iri funga rirenga ku nshingano shingiro yo kubaha no kurinda umutekano wabo, agaciro kabo n’ubushobozi bwo gukora umurimo wabo w’ingenzi muri Yemen.”
Grundberg yasobanuye ko aba bakozi biyongera ku bandi ba Loni bagera kuri 23 bari mu maboko y’Aba-Houthi kuva mu 2021, kandi ko umwe muri bo yapfiriye muri kasho y’uyu mutwe witwaje intwaro mu ntangiriro za 2025. Yasabye ko bose barekurwa bwangu kandi nta mananiza.
Aba-Houthi bateye PAM nyuma y’aho ingabo za Israel tariki ya 28 Kanama 2025 zigabye igitero cy’indege muri Sanaa, kigahitana Minisitiri w’Intebe wabo, Ahmed Ghaleb Nasser al-Rahawi, n’abandi baminisitiri ubwo bari mu nama yo gusuzuma ibikorwa bya Guverinoma.
Uyu mutwe witwaje intwaro wagaragaje ko abakozi ba Loni bakorana na ba maneko ba Israel n’Abanyamerika ariko Loni yateye utwatsi ibi birego, igaragaza ko nta shingiro bifite.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *