Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ateganya kugirana ibiganiro bikomeye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, muri White House (Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Amerika). Yizeye ko Amerika iziyemeza kurushaho gufasha igihugu cye mu rwego rwo kwirinda ibitero bya misile zo mu bwoko bwa balistique.
Zelensky yageze muri Amerika mu gihe intambara hagati y’Uburusiya na Ukraine igeze ahakomeye. Mu ijoro ryashize, umuyobozi w’umujyi wa Moscow yavuze ko uwo murwa mukuru w’Uburusiya wagabweho ibitero hifashishijwe drones zigera kuri 390 mu gihe cy’amasaha make gusa.
Biteganyijwe ko Zelensky aza gusaba Trump gushyira mu bikorwa isezerano yahaye Ukraine mu ntangiriro z’uku kwezi, ryo kuyiha uburenganzira bwo kubona misile zo kwirinda ibitero byo mu kirere zo mu bwoko bwa Patriot.
Mu minsi ishize, Uburusiya bwakajije ibitero byahitanye abantu benshi bukoresheje misile zo mu bwoko bwa balistique. Ibyo bitero byibasiye cyane umurwa mukuru wa Ukraine, Kyiv. Zelensky yavuze ko misile zo kurinda ikirere zikenewe cyane kugira ngo abaturage n’ibikorwaremezo birindwe.
Hashize igihe kirekire misile za Patriot ziri mu bikoresho Zelensky ahora asaba ko Ukraine yahabwa. Ariko kubera intambara ikomeje muri Ukraine ndetse n’indi iri mu Burasirazuba bwo Hagati, izo misile z’Amerika zifashishwa mu kurinda ikirere zabaye nke cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *