skol
fortebet

AFC/M23 na Twirwaneho bafashe akandi gace gakomeye kari karazengerejwe n’ingabo za Leta

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Monday 06, Jul 2026

AFC/M23 na Twirwaneho bafashe akandi gace gakomeye kari karazengerejwe n'ingabo za Leta

Sponsored Ad

skol

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uharanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, ufatanyije n’ihuriro AFC/M23, nyuma yo gufata agace ka Point Zero, bigaruriye akandi ko muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, kari kari mu maboko ya FARDC n’abayifasha mu mirwano barimo umutwe wa FDLR.

Aka gace kafashwe ni ahazwi nko kwa Mulima ko muri Kivu y’Epfo imaze iminsi yibasiwe cyane n’ibitero by’uruhande rurwanira Leta ya Congo Kinshasa.

Amakuru avuga ko aka gace kafashwe kuri iki Cyumweru tariki 05 Nyakanga 2026, nyuma yuko abarwanyi ba MRDP-Twirwaneho bayobowe na Gen. Charles Sematama bafatanyije n’aba AFC/M23, bakubise incuro uruhande bahanganye.

Aka gace kafashwe nyuma y’uko habanje gufatwa agace ka Point Zero, aho abafashe aka gace, bahise bakomereza kuri aka kazwi nko kwa Mulima, birangira na ko gafashwe.

Abatuye muri ibi bice, bemeza ko gufata aka gace ari ingenzi ku mirwanire ya MRDP-Twirwaneho kuko, ari ingenzi cyane yaba mu rugamba ndetse no mu bwikorezi.

Aka gace kafashwe, ni kamwe mu duce twari twahungiyemo abasirikare n’abarwanyi b’uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gukubitwa incuro bagakurwa Point Zero no mu bindi bice birimo za Minembwe, na Mikenke.

Nubwo MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 bafashe aka gace, amakuru avuga ko habanje kuba imirwano ikomeye, ariko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rubonye runeshejwe, rukizwa n’amaguru.

Ubuyobozi bwa MRDP-Twirwaneho buvuga ko bwiyemeje gukura mu nzira ikintu cyose kigamije guhungabanya umudendezo w’Abanyamulenge batahwemye gukorerwa akarengane.

Mu itangazo uyu mutwe washyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 06 Nyakanga 2026, wavuze ko nyuma y’imyaka icyenda y’akababaro k’Abanyamulenge, ubu wiyemeje guhashya no guhangana n’abashaka guhungabanya Abanyekongo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa