skol
fortebet

Burundi: Agathon Rwasa n’abamwambuye ishyaka bahanganiye mu butabera

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Friday 17, Jul 2026

Burundi: Agathon Rwasa n'abamwambuye ishyaka bahanganiye mu butabera

Sponsored Ad

skol

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi ruri kuburanisha umunyapolitiki Agathon Rwasa washinze ishyaka CLN ritavuga rumwe n’ubutegetsi n’abarimo Nestor Girukwishaka barimwambuye mu myaka ibiri ishize.

Rwasa uri mu banyapolitiki bagoye ubutegetsi bw’ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2020, yatanze iki kirego muri Mata 2024, asaba uru rukiko gutesha agaciro ubuyobozi bwa CNL bwamusimbuye.

Girukwishaka na bagenzi be bagiye kuri ubu buyobozi hashingiwe ku matora y’Inteko Rusange ya CNL yabereye mu yahoze ari Intara ya Ngozi tariki ya 10 Werurwe 2024.

Minisiteri y’Umutekano yari yarangiye Rwasa gukoranya Inteko Rusange ya CNL, isobanura ko byatewe n’umwuka mubi wari waratutumbye muri iri shyaka, aho bamwe mu barigize bashakaga kumukura ku buyobozi.

Rwasa yagaragaje ko atumva impamvu iyi Minisiteri yemereye Girukwishaka na bagenzi be gukoranya Inteko Rusange kandi ibyo bibazo byari bigihari, agaragaza ko imyanzuro yafatiwemo idakurikije amategeko.

Uyu munyapolitiki ahamya ko ari we muyobozi wemewe wa CNL ariko Leta igaragaza ko uwemewe n’amategeko ari Girukwishaka watowe n’Inteko Rusange. Ibyo byamubujije kongera guhatana mu matora y’abadepite.

Mu gihe imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu 2027 irimbanyije, Rwasa agaragaza ko mu gihe yatsinda uru rubanza yazongera guhatana na Perezida Evariste Ndayishimiye kandi ko afite byinshi yakemura mu gihugu.

Urubanza rwe rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16 Nyakanga 2026, ariko Girukwishaka uregwa ntiyagaragaye mu rukiko kubera impamvu zitaramenyekana.

Kuri uru rukiko ruherereye i Bujumbura hari abaturage benshi bari bagiye gukurikira uru rubanza, barimo abagaragazaga byeruye ko bashyigikiye Rwasa nk’umuyobozi wabo.

Abanyamakuru babajije Rwasa impamvu atekereza yaba yatumye Girukwishaka atitaba, asubiza ati “Impamvu urundi ruhande rutitabye ni uko ntacyo bafite bavuga…Nubwo ibikomoka kuri peteroli ari bike mu gihugu, ntibari kubura icyo kugera hano.”

Rwasa yagaragaje ko abaye atsinze urubanza, agahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu, mu bakandida byamaze kumenyekana ko baziyamamaza barimo Perezida Ndayishimiye, nta n’umwe umuteye ubwoba kuko Abarundi bamaze kubona intege nke zabo.

Nk’uko ikinyamakuru Yaga Burundi cyabitangaje, yagize ati “Ibyo tuzabwira Abarundi turabifite. Ibibazo byugarije Abarundi turabizi. None twatinya iki?...Noneho n’abamaze kuvuga ko baziyamamaza nta n’umwe wadutera ubwoba. Noneho n’Abarundi barabazi bihagije.”

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwamenyesheje ababuranyi ko umwanzuro w’uru rubanza uzaba wabonetse bitarenze muri Nzeri 2026 hashingiwe ku biteganywa n’amategeko.

Abaturage bagaragarije Agathon Rwasa ko bamushyigikiye

Abantu bari bagiye gukurikira uru rubanza bari benshi cyane

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa