Mu bihe bigoye Ingabo z’u Burundi zagiriye mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo harimo ibyo mu rugamba rwabereye muri Komini Minembwe n’ibice byo hafi yaho mu ntangiriro za Nyakanga 2026 kuko zarashweho bikomeye, ziva mu birindiro byinshi zagenzuraga.
Ni urugamba rwari rutandukanye cyane n’izindi zaberaga muri ibi bice kubera ko kuri iyi nshuro, umutwe wa MRDP-Twirwaneho wari warabereye ibamba ingabo z’u Burundi, iza RDC, imitwe ya Wazalendo na FDLR, wafatanyije n’abarwanyi ba AFC/M23.
Mu butumwa bw’intsinzi Perezida wa MRDP Twirwaneho, Dr. Freddy Kaniki, yatanze tariki ya 4 Nyakanga 2026, yemeje ko abarwanyi babo bafatanyije na AFC/M23 bafashe ibice birimo Point-Zéro, Kalingi, Mikenke, Gakenke, Kalongi, Ilundu na Rwitsankuku, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rirahunga.
Dr. Kaniki yagize ati “Uyu munsi abicanyi ruharwa ari bo FARDC, FDNB, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro barashwe, birukanwa mu bice bari bamaze iminsi barigaruriye."
Abarwanyi ba AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho bifashishije drones cyane mu mirwano yabaye muri uku kwezi. Byasaga n’aho nta gishobora kuzikumira kuko zashoboye kugera kure mu Mujyi wa Baraka muri Teritwari ya Fizi, aho byemejwe ko zatwitse kajugujugu ebyiri z’ingabo za RDC.
Impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Pacifique Nininahazwe, yatangaje ko amakuru yahawe n’abasirikare b’u Burundi bari ku rugamba muri RDC avuga ko bataye ibirindiro birimo n’ibyo abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho batagezeho.
Nininahazwe yagize ati "Ni bo bivugira aho bari. Bati ‘Twebwe twavuyeyo twiruka. N’ibirindiro bitari byafashwe na M23, bitanatewe, twe twarabitaye byose, turiruka’. Bamaze kugera Baraka, barababwira bati ‘Oya, mugerageze musubireyo. Byibura musubire ku birindiro Twirwaneho na M23 bataje gufata’."
Uyu Murundi uzwiho gutangaza amakuru yizewe ku ngabo z’u Burundi ziri mu ntambara yo muri RDC, yasobanuye ko aba basirikare bavuze ko bazemera gusubira kurwana na AFC/M23 na Twirwaneho mu gihe iyi drone bita ‘CH4’ izaba yahanuwe.
Ati "Kugira ngo bemere gusubira muri ibyo birindiro bari bataye bitanatewe, harinze kubanza kubemerera ko batazongera koherezwa kurwana badashoboye guhanura drone.”
“Hari drone bavuga ngo ibabangamiye ku rugero bagira bati ‘Naho mwagira mute iyo drone igihari, twebwe ntizongera kwemera kujya kurwana’."
Abasirikare bari ku rugamba babwiye Nininahazwe ko drone ya AFC/M23 na Twirwaneho ibatera uko ishatse, ikabasanga aho ishatse, ikica benshi muri bo, ikareka gusa abahisemo guhunga. Bavuga ko Imana yonyine ari yo ishobora kubakiza ibitero bagabwaho.
Nininahazwe yatangaje ko abasirikare b’u Burundi bamaze gusubira mu birindiro abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho batagezemo, aba barwanyi baha inzira Batayo ya 33 bari baragose mu ntangiriro z’uku kwezi ariko ngo ntibagishaka kurwana kubera iyi drone.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *