Ihuriro ry’amashyaka n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rizwi nka C64, ryatangaje ko ritazahagarika igitutu kuri Perezida Félix Tshisekedi, rikomeza gusaba ko yava ku butegetsi.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iri huriro kuri uyu wa 16 Kamena 2026, ryahamagariye abayoboke baryo n’abaturage bose bashyigikiye ibikorwa byaryo kuzitabira imyigaragambyo iteganyijwe ku wa 08 Nyakanga 2026.
C64 yavuze ko iyo myigaragambyo izasorezwa ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu, Palais de la Nation, i Kinshasa, aho rizageza ibyifuzo byaryo birimo gusaba Perezida Tshisekedi kwegura.
Iri huriro rishinja Perezida Tshisekedi ibyo ryise “ubuhemu ku gihugu”, rivuga ko hari ibyemezo n’imiyoborere byagize ingaruka ku nyungu z’Igihugu. C64 kandi rikomeje kwamagana umugambi rivuga ko ushobora kuganisha ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga hagamijwe kongerera manda Perezida uri ku butegetsi.
Iyi gahunda y’imyigaragambyo mishya ije nyuma y’izindi gahunda zateguwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu minsi ishize, zimwe muri zo zikaba zararanzwe n’imvururu n’imirwano hagati y’abigaragambyaga n’inzego z’umutekano i Kinshasa.
Abasesenguzi bavuga ko iyi myigaragambyo ishobora kongera kuzamura ubushyamirane bwa politiki muri RDC mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano n’ibiganiro bikomeje ku hazaza h’imiyoborere yacyo.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *