skol
fortebet

DRC: Icyihishe inyuma y’amasasu yumvikanye hafi y’ibiro bya Tshisekedi

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 21, Jul 2026

DRC: Icyihishe inyuma y'amasasu yumvikanye hafi y'ibiro bya Tshisekedi

Sponsored Ad

skol

Abatuye hafi y’igice cya ‘Cité de l’OUA giherereyemo ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baraye bumva urusaku rwinshi rw’amasasu, bashya ubwoba.

Aya masasu agitangira kumvikana muri iki gice kiri muri Komini Ngaliema mu Mujyi wa Kinshasa, abenshi ntibari bazi ibiri kuba, ariko byacaga amarenga ko umutekano w’ibiro bya Leta bihaherereye utizewe.

Nyuma y’igihe kiri hafi y’isaha aya masasu atangiye kumvikana, byamenyekanye ko yarashwe ubwo imfungwa zirenga 30 zageragezaga gutoroka Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari buzifungiye muri kasho yabwo muri Ngaliema.

Abasirikare bo mu mutwe urinda abayobozi bakuru (GR) ni bo bashakishije imfungwa zatorotse, kandi bivugwa ko bafashe nyinshi, babasubiza muri kasho.

Umwe mu bafashwe yagaragaye yakomeretse, amaboko n’umupira we biriho amaraso. Yumvikana atakambira abasirikare bamwicaje hasi, bamuhata ibibazo.

Byageze mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Nyakanga 2026, aba basirikare bagishakishwa imfungwa zitaraboneka kugira ngo bazisubize muri kasho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa