Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko abo byemejwe ko bamaze kwandura Ebola kugeza tariki ya 7 Nyakanga 2026 ari 1759 barimo 600 bamaze gupfa.
Mu Mujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo habonetse umurwayi wa kabiri wa Ebola. Uretse uwo byemejwe mu cyumweru gishize ko yaturutse mu gace ka Nia Nia muri Ituri, iyi Minisiteri ntiyatangaje aho undi yaturutse.
Iyi Minisiteri igaragaza ko muri Kisangani hatangiye gukazwa uburyo bwo gukurikirana abantu baba barahuye n’abanduye iki cyorezo kugira ngo kidakwirakwira muri uyu mujyi uri mu mijyi ikomeye muri RDC.
Mu cyumweru gishize, Intara ya Haut-Uélé na yo yabonetsemo umuntu umwe wanduye Ebola, byemezwa ko ari umwe mu batorotse ikigo nderabuzima cya Nia Nia ubwo cyaterwaga n’abaturage.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima yasohotse mu ijoro ryo ku wa 8 Nyakanga igaragaza ko Intara ya Ituri ari yo icyugarijwe cyane n’iki cyorezo, cyane cyane mu bice birimo Bunia, Mongbwalu na Rwampara.
Kivu y’Amajyaruguru ni yo ikurikiraho mu kugira ubwandu bwinshi. Icyakoze Umujyi wa Goma nturongera kubonekamo umurwayi wa Ebola kuva tariki ya 17 Gicurasi 2026.
Mu gace ka Miti-Murhesa mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo habonetse abarwayi batatu ba Ebola barimo umwe wapfuye. Kuva tariki ya 26 Gicurasi, nta wundi murwayi urahaboneka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *