skol
fortebet

Uganda: Dr. Besigye yohererejwe abavoka ba Leta yahitamo abamwunganira

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Wednesday 15, Jul 2026

Uganda: Dr. Besigye yohererejwe abavoka ba Leta yahitamo abamwunganira

Sponsored Ad

skol

Urukiko Rukuru rwa Uganda rwasabye Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegtsi bwa Yoweri Kaguta Museveni n’uwo bareganwa, Hajji Obeid Lutale, guhitamo abavoka kuri lisiti y’abavoka ba Leta bitarenze ku wa 15 Nyakanga 2026.

Ibaruwa yo ku wa 14 Nyakanga yohererejwe abaregwa muri gereza ya Luzira ibategeka guhitamo abavoka ku rutonde ruyiherekeje kugira ngo babunganire mu rubanza.

Iyi baruwa igira iti “Nategetswe n’umucamanza uburanisha uru rubanza kubagezaho urutonde rw’abavoka bari kuri gahunda y’abunganizi ba Leta… kugira ngo muhitemo abazabunganira mu rubanza nshinjabyaha nimero 335 rwo mu 2025.”

Umwanditsi yasabye abaregwa kumenyekanisha abavoka bahisemo bitarenze ku wa 15 Nyakanga, ari na bwo urubanza rwari kongera kuburanishwa.

Iki cyemezo gishingiye ku mwanzuro uherutse gutangwa n’Umucamanza Emmanuel Baguma nyuma y’uko urubanza rusubitswe inshuro nyinshi kubera ibibazo by’abavoka.

Umucamanza Baguma yategetse ko Besigye na Lutale bashyikirizwa urutonde rw’abavoka bari muri gahunda y’abunganizi ba Leta kugira ngo bahitemo abo bashaka ko babafasha mu rubanza. Yongeyeho ko nibaramuka bananiwe guhitamo, urukiko ruzabahitiramo abavoka rubishingiye ku ngingo ya 28(3)(e) y’Itegeko Nshinga rya Uganda.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’uko Besigye yavuze ko kuba abavoka be batitabira urubanza byatewe na Leta, ndetse ko urubanza rudakwiye gukomeza hatarakemurwa ibibazo bijyanye no kubona ababunganira mu mategeko, kubona ibimenyetso by’ubushinjacyaha ndetse n’inyandiko z’urukiko.

Iki cyemezo cy’urukiko cyamaganiwe kure n’umunyamategeko wita ku burenganzira bwa muntu, Eron Kiiza, wahoze mu itsinda ryunganira Besigye.

Ati “Uburenganzira bwa Dr. Kizza Besigye na Lutale bwo guhitamo abavoka babo si impano Leta ishobora gutanga cyangwa kwambura uko ibyishakiye. Ni uburenganzira budashobora kuvogerwa hashingiwe ku ngingo ya 28(3)(d) n’ingingo ya 44 y’Itegeko Nshinga rya Uganda ryo mu 1995.”

Kiiza yasabye abavoka bari ku rutonde rw’abunganizi ba Leta kutemera kujya muri uru rubanza, avuga ko Besigye na Lutale basanzwe bafite abavoka bihitiyemo.

Ati “Besigye na Lutale ntibabuze abavoka. Bafite abavoka bahisemo, bafite ubushobozi, ubushake kandi biteguye.”

Yashinje Leta kujujubya bamwe mu bagize itsinda ryunganira aba bagabo. Yatanze urugero ku ifungwa ry’umunyamategeko akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Erias Lukwago, koherezwa kwirukana muri Uganda, umunyamategeko wo muri Kenya Martha Karua n’ibindi yita gukomeza gutoteza abavoka bunganira abaregwa.

Kiiza yavuze ko mu gihe umuntu yimwe uburenganzira bwo kunganirwa n’abo yihitiyemo bitakosozwa guhabwa abavoka ba Leta.

Dr. Besigye yafatiwe muri Kenya mu Ugushyingo 2024, ashinjwa gutegura umugambi wo gukura Perezida Museveni ku butegetsi akoresheje intwaro. Aregwa ibyaha byo kugambanira igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa